Pages

Tuesday 29 January 2013

Ababyeyi bakomeje kugwa ku iseta kubera ubumenyi bucye bw’abaganga


Ababyeyi bakomeje kugwa ku iseta kubera ubumenyi bucye bw'abaganga

janvier 29th, 2013 by rwanda-in-liberation
hopital-kibagabaga.jpg
ibitaro-bya-kibagabag.jpgkibagabaga-hospital.jpg
N'ubwo muri Afurika iyo umurwayi aguye mu bitaro umuryango we utererayo utwatsi bagashyingura umurambo ntihagire ugomba kugira icyo abaza ku rupfu rwa nyakwigendera, mu mavuriro anyuranye yo mu Rwanda hakomeje kuvugwa imfu zidasobanutse z'ababyeyi batwite bagwa ku iseta babagwa aribyo bita cesarienne. Izi mfu zikaba zarakomeje kuvugwa ndetse abaganga batungwa agatoki mu kuba bafite uruhare muri izi mfu nyamara mu Rwanda izo nkuru zivuga ngo umubyeyi yaguye ku iseta, yazize inda zikaba arizo zimenyerewe ubunde bene umubyeyi bagashyingura umurambo, bakarira ubundi bakihanagura.
Amakuru avugwa muri iyi minsi ni ay'imikorere mibi y'ibitaro bya Kibagabaga biherereye mu karere ka Gasabo aho ibi bitaro mu minsi ishize byabaye isibaniro ry'abanyamakuru kubera ibura ry'imiti n'ibikoresho byo kwa muganga hamwe n'imitangire mibi ya service. N'ubwo ubuyobozi bw'ibitaro, akarere, minisiteri y'ubuzima n'iy'imari bakomeje kwitana bamwana ntibibuza ikibazo kuba ikibazo. Imikorere mibi muri ibi bitaro kimwe n'ahandi hose mu gihugu imaze kuba agatereranzamba.
Ku cyumweru taliki 27 Mutarama 2013, mu bitaro bya Kibagabaga haguye umubyeyi wabyaraga umwana we wa gatatu aho yaherutse umwuka w'abazima aterwa ikinya ubundi akagenda ubwo kugeza ashizemo umwuka nyamara uruhinja rukaba ari ruzima. Ibi bikaba bivugwa mu isoko ryose rya Kimironko aho uwo mubyeyi yacururizaga imyenda y'abana, hakaba hatungwa agatoki abaganga ko aribo bamwishe bamuteye ikinya dore ko abantu bavugaga iyo nkuru bemeza ko nta mpamvu umugore yagombye gupfa abyara akicwa n'ikinya ubundi yari mutaraga. Ibi ngo babibonamo ubuswa bw'abaganga.
Bene izi mfu z'abagaore bagwa ku iseta babyara zireze mu Rwanda, kandi hatungwa agatoki abaforomo (kazi) baba bararangije mu ishuri ry'abaforomo rya Kigali, Kigali Health Institute (KHI) mu ishami ryo gutera ibinya, bikaba bivugwa ko abenshi barangiza nta bumenyi nta n'ubushobozi bwo gukora uwo mwuga ngo bikaba ari nayo ntandaro y'imfu z'ababyeyi bagwa ku iseta babyara. Aha ariko hagatungwa agatoki minisiteri y'uburezi ubu ishishikajwe no gusohora umubare munini w'abize ariko badafite icyo bazi mu byo bize. Ibi biba bibi iyo bigeze mu nzego z'ubuzima kuko abaturage aribo bahagwa.
N'ubwo uyu mubyeyi tutabashije kumenya amazina ye, turacyashaka kumenya iyi nkuru ku buryo bwimbitse ariko hagize umukunzi wacu waba afite ibindi byinshi yaturusha yadutera akamo. Tubabajwe n'urupfu rw'amanzaganya rw'uwo mubyeyi tunamusabira ku Mana ngo imuhe kuruhukira mu mahoro tunihanganisha abasigaye cyane cyane utwana twe hamwe n'umugabowe.
Nkunda L.
Kigali City

No comments:

Post a Comment

Note: only a member of this blog may post a comment.

“Uwigize agatebo ayora ivi”. Ubutegetsi bukugira agatebo ukariyora uko bukeye n’uko bwije.

"Ce dont j’ai le plus peur, c’est des gens qui croient que, du jour au lendemain, on peut prendre une société, lui tordre le cou et en faire une autre."

“The price good men pay for indifference to public affairs is to be ruled by evil men.”

“The hate of men will pass, and dictators die, and the power they took from the people will return to the people. And so long as men die, liberty will never perish.”

“I have loved justice and hated iniquity: therefore I die in exile."

KOMEZA USOME AMAKURU N'IBITEKEREZO BYA VUBA BYAGUCITSE:

RECOMMENCE

RECOMMENCE

1.Kumenya Amakuru n’amateka atabogamye ndetse n’Ibishobora Kukugiraho Ingaruka ni Uburenganzira Bwawe.

2.Kwisanzura mu Gutanga Ibitekerezo, Kurwanya Ubusumbane, Akarengane n’Ibindi Byose Bikubangamiye ni Uburenganzira Bwawe.