Pages

Sunday 8 September 2013

Igihugu cy'u Rwanda cyahagurukiwe n'intumwa z'ibihangange by'iyi si!


Madame Mary Robinson
http://www.rfi.fr/sites/filesrfi/dynimagecache/83/0/685/512/344/257/sites/images.rfi.fr/files/aef_image/000_DV1327176_0.jpgKuri uyu wa gatandatu taliki ya 7/09/2013 u Rwanda rurasurwa n'abashyitsi bakomeye bahagarariye ibihangange byo kuri iyi si. Abo bashyitsi niMadame Mary Robinsonuhagarariye umunyamabanga mukuru w'umuryango w'abibumbye wa ONU mu karere k'ibiyaga bigari uherekejwe na Russ Feingolduhagarariye igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu karere k'ibiyaga bigari, Koen Vervaeke,uhagarariye umuryango w'ibihugu by'i Burayi mu karere k'ibiyaga bigari, Martin Kobler , umuyobozi w'ingabo za ONU mu gihugu cya Congo naBoubacar Diarra uhagarariye umuryango w'ubumwe bw'Afurika.
 
Nk'uko bitangazwa na radiyo mpuzamahanga y'abafaransa RFI, aba bashyitsi barabonana na Ministre w'ububanyi n'amahanga w'u Rwanda Madame Mushikiwabo Louise na Ministre w'ingabo Kabarebe James, biteganyijwe ko bashobora no kubonana na Paul Kagame perezida w'u Rwanda.
 
Uru ruzinduko rw'aba bayobozi bahagaraririye ibihangange by'iyi si barukoreye mu Rwanda nyuma yaho baviriye mu nama y'ibihugu 11 bigize umuryango mpuzamahanga w'ibihugu bituriye ibiyaga bigari i Kampala muri Uganda ; aho mu nama y'abayobozi b'ibyo bihugu hafatiwemo icyemezo cyo gusaba igihugu cya Congo n'umutwe wa M23 gusubira mu biganiro i Kampala mugihe kitarenze iminsi 3 gusa kandi ibyo biganiro bikamara iminsi 14.Icyi cyemezo cyo gusubira mu biganiro kikaba cyari gihuriweho na Mary Robinson n'abayobozi b'u Rwanda.
 
Aba bayobozi basuye u Rwanda mu gihe ruri mu kato mpuzamahanga kuko rushinjwa kugira uruhare rukomeye mu guhungabanya umutekano w'akarere kose,ndetse mu cyumweru gishize umuryango w'abibumbye ukaba warongeye gushinja igihugu cy'u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 mu bitero bya gisilikare uwo mutwe wagabye ku ngabo za Congo no ku ngabo z'umuryango w'abibumbye ziri i Goma ; Madame Mary Robinson uyoboye izo ntumwa akaba yaravuze mu cyumweru gishize ko azavugana n'abayobozi b'u Rwanda kuburyo busobanutse neza kandi ntakubica kuruhande uruhare rw'icyo gihugu mu mutekano mucye w'akarere kose.
 Russ-et-Koen.png
Gusa rero, ubwo Madame Mary Robinson yongeraga gusura umujyi wa Goma yagaragaje kuburyo budasubirwaho ko ntambabazi zizahabwa abarwanyi b'umutwe wa M23 bashinjwa gukora ibyaha cyangwa ngo abo barwanyi bemererwe kwinjira mu ngabo za Congo. Mary Robinson yavuze kuburyo budasubirwaho ko mu mishyikirano izakorwa i Kampala igomba kuzasuzuma uko umutwe wa M23 ugomba gushyira intwaro hasi ; icyo gitekerezo cya Mary Robinson cyo kwambura umutwe wa M23 intwaro abayobozi b'i Kigali bakaba batagishyigikiye na gato.
 
Twizere ko rya tangazamakuru ry'i Kigali ritaza gukubita abantu urusenda mu maso ribumvishako u Rwanda rwakiriye abayobozi bakomeye kuri iyi si bitewe ni uko ari igihugu cy'indashyikirwa mu kugira imiyoborere myiza nk'uko bakunze kubivuga ; ahubwo iryo tangazamakuru ritinyuke rivuge ko u Rwanda rwahagurukiwe n'abayobozi bakomeye b'iyi si kubera urugomo icyo gihugu kigaragaza mu guhungabanya umutekano w'akarere kose !
 
 
Ubwanditsi

No comments:

Post a Comment

Note: only a member of this blog may post a comment.

“Uwigize agatebo ayora ivi”. Ubutegetsi bukugira agatebo ukariyora uko bukeye n’uko bwije.

"Ce dont j’ai le plus peur, c’est des gens qui croient que, du jour au lendemain, on peut prendre une société, lui tordre le cou et en faire une autre."

“The price good men pay for indifference to public affairs is to be ruled by evil men.”

“The hate of men will pass, and dictators die, and the power they took from the people will return to the people. And so long as men die, liberty will never perish.”

“I have loved justice and hated iniquity: therefore I die in exile."

KOMEZA USOME AMAKURU N'IBITEKEREZO BYA VUBA BYAGUCITSE:

RECOMMENCE

RECOMMENCE

1.Kumenya Amakuru n’amateka atabogamye ndetse n’Ibishobora Kukugiraho Ingaruka ni Uburenganzira Bwawe.

2.Kwisanzura mu Gutanga Ibitekerezo, Kurwanya Ubusumbane, Akarengane n’Ibindi Byose Bikubangamiye ni Uburenganzira Bwawe.